Wednesday, July 1, 2026

Mana yo mwijuru

 


Miliyari ibihumbi 7.7 | Mu bizibandwaho harimo kuzamura ireme ry'uburezi

 

Ushaka kwamamaza twandikire kuri nayisengadrianos@gmail.com.


Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, yatoye itegeko rigena ingengo y’imari y’umwaka wa 2026/2027 uzatangira muri Nyakanga 2026 aho u Rwanda ruzakoresha miliyari 7.796 Frw.


Yiyongeraho 12% ugereranyije n’ivuguruye ya 2025/2026. Yo yari 6.952 Frw.  


Amafaranga azaturuka ku misoro angana na 56,8%, andi mafaranga 7,5%, inkunga z’amahanga 7%, inguzanyo z’imbere mu Gihugu 3,4%, mu gihe inguzanyo zo hanze y’Igihugu zizangana na 25,3% by’ingengo y’imari yose y’umwaka wa 2026/2027.


Inkingi y’Ubukungu yagenewe miliyari 4.900,8 Frw bingana na 62,9% by’ingengo y’imari yose, inkingi y’Imibereho Myiza yagenewe miliyari 1.834,2 Frw bingana na 22%, mu gihe inkingi y’imiyoborere yagenewe miliyari 1.188,2 Frw bingana na 15,1%.


Mu nkingi y’ubuhukungu hazibandwa ku kwihutisha iterambere ridaheza ry’ubuhinzi n’ubworozi, inganda na serivisi, kwita ku kunoza igenamigambi ry’ibikorwa byongera ubudahangarwa bw’ibidukikije mu nzego zose za Leta, guteza imbere urwego rw’inganda zikora iby’ibikorerwa mu gihugu mu rwego rwo kongera ubwiza bw’ibyoherezwa mu mahanga no kugabanya icyuho mu by’ubucuruzi, kongerera ingufu urwego rw’imari ndetse no guhanga imirimo.


Mu mibereho Myiza hazibandwa ku kunoza ireme ry’uburezi no gutanga ubumenyi bukenewe ku isoko, gushyira imbaraga mu buvuzi bufite ireme ndetse no kunoza sisiteme zikoreshwa mu buvuzi, kongerera ubushobozi ibigo mbonezamikuririre by’abana mu rwego rwo kurwanya imirire mibi n’igwingira, gushyigikira gahunda zifasha abaturage batishoboye kwikura mu bukene (graduation) n’ubudaheranwa.


Ni mu gihe inkingi y’imiyoborere, izibanda ku gukomeza guteza imbere imitangire ya serivisi nziza no gucunga neza imari n’umutungo rusange mu nzego zose, kugendera ku mategeko, kongera imbaraga z’umuturage mu gutanga ibitekerezo ku bimukorerwa, gukomeza gushyira imbaraga mu kubungabunga amahoro n’umutekano ndetse no gukomeza kubaka urwego rw’ububanyi n’ubutwererane n’amahanga rutajegajega.


Yanditswe Nzayisenga Adrien 

Unity club meeting


 

Menya bimwe muri politiki ya senegal muri iki gihe

 Muri iki gihe, politiki ya Sénégal iri mu bihe by'impinduka zikomeye.

Bassirou Diomaye Faye ni Perezida wa Sénégal.

Umubano hagati ya Perezida Faye na Ousmane Sonko, wahoze ari Minisitiri w'Intebe kandi bakoranaga mu ishyaka PASTEF, warangiritse cyane mu mezi ashize. 

Perezida Faye yashyizeho guverinoma nshya nyuma yo gukuraho Sonko ku mwanya wa Minisitiri w'Intebe, bituma havuka amakimbirane ya politiki n'impungenge ku hazaza bw'ubutegetsi.Nanone, Inteko Ishinga Amategeko yemeje umushinga wo kuvugurura Itegeko Nshinga ugamije kugabanya ububasha bwa Perezida no kongera ububasha bw'Inteko. Uwo mushinga watumye haba imyigaragambyo n'impaka zikomeye mu gihugu

Nubwo hari aya makimbirane, Sénégal iracyafatwa nk'imwe mu bihugu byo muri Afurika bifite amateka y'inzibacyuho z'amahoro n'inzego za demokarasi zikora neza ugereranyije n'ibihugu byinshi byo mu karere. Yanditswe na Nzayisenga Adrien 

RWANDA NZIZA NGOBYI IDUHETSE

Mana yo mwijuru