Saturday, May 23, 2026

`Ese Waba Uzi Imirenge Igize Akarere Utuyemo cg Uvukamo`


*Ngororero*


Umurenge wa Bwira

Umurenge wa Gatumba

Umurenge wa Hindiro

Umurenge wa Kabaya

Umurenge wa Kageyo

Umurenge wa Kavumu

Umurenge wa Matyazo

Umurenge wa Muhanda

Umurenge wa Muhororo

Umurenge wa Ndaro

Umurenge wa Ngororero

Umurenge wa Nyange

Umurenge wa Sovu


*Nyabihu*


Umurenge wa Bigogwe

Umurenge wa Jenda

Umurenge wa Jomba

Umurenge wa Kabatwa

Umurenge wa Karago

Umurenge wa Kintobo

Umurenge wa Mukamira

Umurenge wa Muringa

Umurenge wa Rambura

Umurenge wa Rugera

Umurenge wa Rurembo

Umurenge wa Shyira


*Nyamasheke*


Umurenge wa Bushekeri

Umurenge wa Bushenge

Umurenge wa Cyato

Umurenge wa Gihombo

Umurenge wa Kagano

Umurenge wa Kanjongo

Umurenge wa Karambi

Umurenge wa Karengera

Umurenge wa Kirimbi

Umurenge wa Macuba

Umurenge wa Mahembe

Umurenge wa Nyabitekeri

Umurenge wa Rangiro

Umurenge wa Ruharambuga

Umurenge wa Shangi


*Rubavu*


Umurenge wa Bugeshi

Umurenge wa Busasamana

Umurenge wa Cyanzarwe

Umurenge wa Gisenyi

Umurenge wa Kanama

Umurenge wa Kanzenze

Umurenge wa Mudende

Umurenge wa Nyakiliba

Umurenge wa Nyamyumba

Umurenge wa Nyundo

Umurenge wa Rubavu

Umurenge wa Rugerero


*Gicumbi*


Umurenge wa Bukure

Umurenge wa Bwisige

Umurenge wa Byumba

Umurenge wa Cyumba

Umurenge wa Giti

Umurenge wa Kaniga

Umurenge wa Manyagiro

Umurenge wa Miyove

Umurenge wa Kageyo

Umurenge wa Mukarange

Umurenge wa Muko

Umurenge wa Mutete

Umurenge wa Nyamiyaga

Umurenge wa Nyankenke

Umurenge wa Rubaya

Umurenge wa Rukomo

Umurenge wa Rushaki

Umurenge wa Rutare

Umurenge wa Ruvune

Umurenge wa Rwamiko

Umurenge wa Shangasha


*Musanze*


Umurenge wa Busogo

Umurenge wa Cyuve

Umurenge wa Gacaca

Umurenge wa Gashaki

Umurenge wa Gataraga

Umurenge wa Kimonyi

Umurenge wa Kinigi

Umurenge wa Muhoza

Umurenge wa Muko

Umurenge wa Musanze

Umurenge wa Nkotsi

Umurenge wa Nyange

Umurenge wa Remera

Umurenge wa Rwaza

Umurenge wa Shingiro


*Rulindo*


Umurenge wa Base

Umurenge wa Burega

Umurenge wa Bushoki

Umurenge wa Buyoga

Umurenge wa Cyinzuzi

Umurenge wa Cyungo

Umurenge wa Kinihira

Umurenge wa Kisaro

Umurenge wa Masoro

Umurenge wa Mbogo

Umurenge wa Murambi

Umurenge wa Ngoma

Umurenge wa Ntarabana

Umurenge wa Rukozo

Umurenge wa Rusiga

Umurenge wa Shyorongi

Umurenge wa Tumba


*Gisagara*


Umurenge wa Gikonko

Umurenge wa Gishubi

Umurenge wa Kansi

Umurenge wa Kibilizi

Umurenge wa Kigembe

Umurenge wa Mamba

Umurenge wa Muganza

Umurenge wa Mugombwa

Umurenge wa Mukindo

Umurenge wa Musha

Umurenge wa Ndora

Umurenge wa Nyanza

Umurenge wa Save


*Huye*


Umurenge wa Gishamvu

Umurenge wa Karama

Umurenge wa Kigoma

Umurenge wa Kinazi

Umurenge wa Maraba

Umurenge wa Mbazi

Umurenge wa Mukura

Umurenge wa Ngoma

Umurenge wa Ruhashya

Umurenge wa Rusatira

Umurenge wa Rwaniro

Umurenge wa Simbi

Umurenge wa Tumba

umurenge wa Huye


*Rusizi*


Umurenge wa Bugarama

Umurenge wa Butare

Umurenge wa Bweyeye

Umurenge wa Gikundamvura

Umurenge wa Gashonga

Umurenge wa Giheke

Umurenge wa Gihundwe

Umurenge wa Gitambi

Umurenge wa Kamembe

Umurenge wa Muganza

Umurenge wa Mururu

Umurenge wa Nkanka

Umurenge wa Nkombo

Umurenge wa Nkungu

Umurenge wa Nyakabuye

Umurenge wa Nyakarenzo

Umurenge wa Nzahaha

Umurenge wa Rwimbogo


*Rutsiro*


Umurenge wa Boneza

Umurenge wa Gihango

Umurenge wa Kigeyo

Umurenge wa Kivumu

Umurenge wa Manihira

Umurenge wa Mukura

Umurenge wa Murunda

Umurenge wa Musasa

Umurenge wa Mushonyi

Umurenge wa Mushubati

Umurenge wa Nyabirasi

Umurenge wa Ruhango

Umurenge wa Rusebeya


*Kamonyi*


Umurenge wa Gacurabwenge

Umurenge wa Karama

Umurenge wa Kayenzi

Umurenge wa Kayumbu

Umurenge wa Mugina

Umurenge wa Musambira

Umurenge wa Ngamba

Umurenge wa Nyamiyaga

Umurenge wa Nyarubaka

Umurenge wa Rugalika

Umurenge wa Rukoma

Umurenge wa Runda


*Muhanga*


Umurenge wa Cyeza

Umurenge wa Kabacuzi

Umurenge wa Kibangu

Umurenge wa Kiyumba

Umurenge wa Muhanga

Umurenge wa Mushishiro

Umurenge wa Nyabinoni

Umurenge wa Nyamabuye

Umurenge wa Nyarusange

Umurenge wa Rongi

Umurenge wa Rugendabari

Umurenge wa Shyogwe


*Nyamagabe*


Umurenge wa Buruhukiro

Umurenge wa Cyanika

Umurenge wa Gatare

Umurenge wa Kaduha

Umurenge wa Kamegeli

Umurenge wa Kibirizi

Umurenge wa Kibumbwe

Umurenge wa Kitabi

Umurenge wa Mbazi

Umurenge wa Mugano

Umurenge wa Musange

Umurenge wa Musebeya

Umurenge wa Mushubi

Umurenge wa Nkomane

Umurenge wa Gasaka

Umurenge wa Tare

Umurenge wa Uwinkingi


*Nyanza*


Umurenge wa Busasamana

Umurenge wa Busoro

Umurenge wa Cyabakamyi

Umurenge wa Kibirizi

Umurenge wa Kigoma

Umurenge wa Mukingo

Umurenge wa Rwabicuma

Umurenge wa Muyira

Umurenge wa Ntyazo

Umurenge wa Nyagisozi


*Nyaruguru*


Umurenge wa Cyahinda

Umurenge wa Busanze

umurenge wa kibeho

Umurenge wa Mata

Umurenge wa Munini

Umurenge wa Kivu

Umurenge wa Ngera

Umurenge wa Ngoma

Umurenge wa Nyabimata

Umurenge wa Nyagisozi

Umurenge wa Ruheru

Umurenge wa Muganza

Umurenge wa Ruramba

Umurenge wa Rusenge


*Ruhango*


Umurenge wa Bweramana

Umurenge wa Byimana

Umurenge wa Kabagari

Umurenge wa Kinazi

Umurenge wa Kinihira

Umurenge wa Mbuye

Umurenge wa Mwendo

Umurenge wa Ntongwe

Umurenge wa Ruhango


*Karongi*


Umurenge wa Bwishyura

Umurenge wa Gishari

Umurenge wa Gishyita

Umurenge wa Gisovu

Umurenge wa Gitesi

Umurenge wa Murundi

Umurenge wa Murambi

Umurenge wa Mubuga

Umurenge wa Mutuntu

Umurenge wa Rugabano

Umurenge wa Ruganda

Umurenge wa Rwankuba

Umurenge wa Twumba


*Rwamagana*


Umurenge wa Fumbwe

Umurenge wa Gahengeri

Umurenge wa Gishari

Umurenge wa Karenge

Umurenge wa Kigabiro

Umurenge wa Muhazi

Umurenge wa Munyaga

Umurenge wa Munyiginya

Umurenge wa Musha

Umurenge wa Muyumbu

Umurenge wa Mwulire

Umurenge wa Nyakariro

Umurenge wa Nzige

Umurenge wa Rubona


*Gasabo*


Umurenge wa Bumbogo

Umurenge wa Gatsata

Umurenge wa Jali

Umurenge wa Gikomero

Umurenge wa Gisozi

Umurenge wa Jabana

Umurenge wa Kinyinya

Umurenge wa Ndera

Umurenge wa Nduba

Umurenge wa Rusororo

Umurenge wa Rutunga

Umurenge wa Kacyiru

Umurenge wa Kimihurura

Umurenge wa Kimironko

Umurenge wa Remera


*Kicukiro*


Umurenge wa Gahanga

Umurenge wa Gatenga

Umurenge wa Gikondo

Umurenge wa Kagarama

Umurenge wa Kanombe

Umurenge wa Kicukiro

Umurenge wa Kigarama

Umurenge wa Masaka

Umurenge wa Niboye

Umurenge wa Nyarugunga


*Nyarugenge*


Umurenge wa Gitega

Umurenge wa Kanyinya

Umurenge wa Kigali

Umurenge wa Kimisagara

Umurenge wa Mageragere

Umurenge wa Muhima

Umurenge wa Nyakabanda

Umurenge wa Nyamirambo

Umurenge wa Rwezamenyo

Umurenge wa Nyarugenge


*Burera*


Umurenge wa Bungwe

Umurenge wa Butaro

Umurenge wa Cyanika

Umurenge wa Cyeru

Umurenge wa Gahunga

Umurenge wa Gatebe

Umurenge wa Gitovu

Umurenge wa Kagogo

Umurenge wa Kinoni

Umurenge wa Kinyababa

Umurenge wa Kivuye

Umurenge wa Nemba

Umurenge wa Rugarama

Umurenge wa Rugendabari

Umurenge wa Ruhunde

Umurenge wa Rusarabuge

Umurenge wa Rwerere


*Gakenke*


Umurenge wa Busengo

Umurenge wa Coko

Umurenge wa Cyabingo

Umurenge wa Gakenke

Umurenge wa Gashenyi

Umurenge wa Mugunga

Umurenge wa Janja

Umurenge wa Kamubuga

Umurenge wa Karambo

Umurenge wa Kivuruga

Umurenge wa Mataba

Umurenge wa Minazi

Umurenge wa Muhondo

Umurenge wa Muyongwe

Umurenge wa Muzo

Umurenge wa Nemba

Umurenge wa Ruli

Umurenge wa Rusasa

Umurenge wa Rushashi


*Bugesera*


Umurenge wa Gashora

Umurenge wa Juru

Umurenge wa Kamabuye

Umurenge wa Ntarama

Umurenge wa Mareba

Umurenge wa Mayange

Umurenge wa Musenyi

Umurenge wa Mwogo

Umurenge wa Ngeruka

Umurenge wa Nyamata

Umurenge wa Nyarugenge

Umurenge wa Rilima

Umurenge wa Ruhuha

Umurenge wa Rweru

Umurenge wa Shyara


*Gatsibo*


Umurenge wa Gasange

Umurenge wa

Gatsibo

Umurenge wa Gitoki

Umurenge wa Kabarore

Umurenge wa Kageyo

Umurenge wa Kiramuruzi

Umurenge wa Kiziguro

Umurenge wa Muhura

Umurenge wa Murambi

Umurenge wa Ngarama

Umurenge wa Nyagihanga

Umurenge wa Remera

Umurenge wa Rugarama

Umurenge wa Rwimbogo


*Kayonza*


Umurenge wa Gahini

Umurenge wa Kabare

Umurenge wa Kabarondo

Umurenge wa Mukarange

Umurenge wa Murama

Umurenge wa Murundi

Umurenge wa Mwiri

Umurenge wa Ndego

Umurenge wa Nyamirama

Umurenge wa Rukara

Umurenge wa Ruramira

Umurenge wa Rwinkwavu


*Kirehe*


Umurenge wa Gahara

Umurenge wa Gatore

Umurenge wa Kigina

Umurenge wa

Kirehe

Umurenge wa Mahama

Umurenge wa Mpaanga

Umurenge wa Musaza

Umurenge wa Mushikiri

Umurenge wa Naasho

Umurenge wa Nyamugari

Umurenge wa Nyarubuye

Umurenge wa Kigarama


*Ngoma*


Umurenge wa Gashanda

Umurenge wa Jarama

Umurenge wa Karembo

Umurenge wa Kazo

Umurenge wa Kibungo

Umurenge wa Mugesera

Umurenge wa Murama

Umurenge wa Mutenderi

Umurenge wa Remera

Umurenge wa Rukira

Umurenge wa Rukumberi

Umurenge wa Rurenge

Umurenge wa Sake

Umurenge wa Zaza


*Nyagatare*


Umurenge wa Gatunda

Umurenge wa Kiyombe

Umurenge wa Karama

Umurenge wa Karangazi

Umurenge wa Katabagemu

Umurenge wa Matimba

Umurenge wa Mimuli

Umurenge wa Mukama

Umurenge wa Musheli

Umurenge wa nyagatare

Umurenge wa Rukomo

Umurenge wa Rwempasha

Umurenge wa  Rwimiyaga

Umurenge wa Tabagwe

Uko umugambi wa Tshisekedi wo kwibasira u Rwanda mu nama ya Afurika n’u Bufaransa wapfubye


Ku munsi wa nyuma w’inama ya Afurika n’u Bufaransa yabereye i Nairobi muri Kenya tariki ya 11-12 Gicurasi 2026, Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavuye muri Uganda igitaraganya, afite umugambi wo kongera kwibasira u Rwanda nk’uko yabigenje kenshi ubwo yabonaga amahirwe yo kubikora.


Abari muri Uganda mu birori by’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni n’abandi babikurikiye kuri internet baratunguwe, kuko batekerezaga ko nk’abandi bakuru b’ibihugu, Tshisekedi arangiza ibi birori, agasubira i Kinshasa, ariko we ntiyashakaga ko inama y’i Nairobi irangira atayibonetsemo.


Tariki ya 12 Gicurasi, Umuvugizi wa Tshisekedi, Tina Salama, yatangaje ko Perezida wabo atagiye i Nairobi kwivovota, ahubwo ko yagiye gusaba abantu guhagarika guceceka mu gihe igihugu cyabo kimaze imyaka 30 gikorerwamo ubwicanyi “kubera ubushotoranyi bw’u Rwanda”.


Nyuma y’iminsi ibiri iyi nama irangiye, Umuvugizi w’ibiro bya Perezida wa RDC, Farah Muamba Kayowa, tariki ya 14 Gicurasi yatangaje ko igihugu cyabo cyitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu y’ubufatanye bwa Afurika n’u Bufaransa, kandi ngo cyasabye abantu kudakomeza guceceka ku bwicanyi bwakozwe mu myaka 30 “kubera ubushotoranyi bw’u Rwanda.”


Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, ni umwe mu bayobozi bari i Nairobi ubwo habaga iyi nama, yitabira ibiganiro byabaye.


Yatangaje ko ibyatangajwe na Kayowa ari ikinyoma cyambaye ubusa kubera ko DRC itigeze yitabira ibiganiro byabereye mu nama ya Afurika n’u Bufaransa ku buryo yari gutangiramo ubu butumwa.


Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye ko habaye ibiganiro bitatu byayobowe na Perezida William Ruto wa Kenya na Emmanuel Macron w’u Bufaransa, byitabirwa n’abakuru b’ibihugu n’abari bahagarariye ibihugu.


Ati “Habaye ikiganiro cya (1) ku nganda zitangiza ibidukikije no ku mavugurura ku ikoreshwa ry’ingufu, (2) ku mavugurura y’inzego mpuzamahanga z’imari na (3) ku mahoro n’umutekano. Byari ibiganiro nyunguranabitekerezo kandi byiza, abakuru b’ibihugu babigiramo uruhare.”


Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye muri ibi biganiro byose, Perezida wa RDC cyangwa umuhagarariye batari bahari kuko intebe yagenewe yarimo ubusa; ibica amarenga ko urugendo rwa Tshisekedi ava muri Uganda ajya muri Kenya rwagoranye.


Yagize ati “Ariko muri ibi biganiro bitatu byose, umwanya wa RDC warimo ubusa! Kubera iyo mpamvu, Kinshasa ntiyashoboye kugira icyo ‘isaba’ cyangwa ngo igire uwo ishinja i Nairobi, ihitamo kwerekana by’ikimenyetso gusa ko Perezida yitabiriye ubwo inama yarangiraga.”


Leta y’u Rwanda yamaganye kenshi ibirego by’ubutegetsi bwa Tshisekedi, igaragaza ko budakwiye kubirwegekaho kandi bizwi neza ko umutekano wazambye muri RDC bitewe na politiki mbi yaremye icyuho cya politiki, imibereho n’ubukungu cyatumye imitwe yitwaje intwaro ivuka, igakora mu bwisanzure.


U Rwanda rwasobanuye ko umutwe wa FDLR ukorera mu burasirazuba bwa RDC waremwe n’abahoze ari ingabo z’u Rwanda (Ex-FAR) n’Interahamwe bahawe ikaze n’ubutegetsi bwa Mobutu Sese Seko, bwari bubashyigikiye kugira ngo bazatere igihugu bakomokamo.


FDLR iracyakorera mu burasirazuba bwa RDC kandi iracyafite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kuyiha ibikoresho n’ubundi bufasha bushoboka kugira ngo ibufashe kurwanya ihuriro AFC/M23, izanashobore kugera ku mugambi wayo. 

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ‘Grandaparents Day’ muri Green Hills Academy

 

 

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye umunsi wahariwe ba ‘Nyogokuru na ba Sogokuru’ [Grandaparents Day] muri Green Hills Academy, aho bishimiye igitaramo mu mbyino gakondo z’umuco nyarwanda zabyinwe n’abanyeshuri biga mu mwaka wa gatatu w’amashuri y’inshuke.


Ibi birori byabaye ku wa 20 Gicurasi 2026, muri Green Hills Academy. Byitabiriwe n’abanyeshuri na ba Nyirakuru na ba Sekuru b’abana biga muri iri shuri.


Ubutumwa bwashyizwe kuri konti ya X y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro bugira buti “Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye umunsi wahariwe ba ‘Nyogokuru na ba Sogokuru’ [Grandaparents Day] muri Green Hills Academy, aho bishimiye igitaramo mu mbyino gakondo z’umuco nyarwanda zabyinwe n’abanyeshuri biga mu mwaka wa gatatu w’amashuri y’inshuke. Uyu munsi wabaye amahirwe kuri ‘Sogokuru na ba Nyogokuru’ yo kwizihiza umuco nyarwanda hamwe n’abuzukuru babo.”


Umunsi wahariwe ba Sogokuru na ba Nyogokuru wizihizwa hagamijwe kubaha icyubahiro no kubashimira umusanzu batanga mu kubaka umuryango wabo na sosiyete muri rusange.


Muri Amerika wizihizwa muri Nzeri buri mwaka ariko mu bindi bihugu bahitamo itariki ibanogeye, igice kinini bakishimira urukundo, ubumenyi n’inama bahabwa na ba Nyirakuru na ba Sekuru.


Uyu munsi wizihizwa abafite ba Sekuru cyangwa ba Nyirakuru bajya kubasura, baboherereza impano, gutegura umusangiro n’umuryango wose na ho ku mashuri bagategura ibirori aho abana bashimisha ba Sekuru na ba Nyirakuru.



Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Grandparents Day muri Green Hills Academy


Bishimye mu myino gakondo zabyinwe n'abana bo mu wa gatatu w'inshuke


Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bizihije uyu munsi hamwe n'abana biga mu wa gatatu w'amashuri y'inshuke

Monday, May 4, 2026

Rwanda

Rwanda, ku izina ryuzuye Repubulika y’u Rwanda, ni igihugu kidakora ku nyanja giherereye muri East Africa.

U Rwanda ruzwi ku izina ry “Igihugu cy’Imisozi Igihumbi” kubera ubutumburuke bwacyo n’imisozi myinshi igaragara mu gihugu hose. Imiterere y’aho giherereye igizwe ahanini n’imisozi iri mu burengerazuba n’ibibaya byo mu bwoko bwa savane mu majyepfo y’iburasirazuba.

Ibiyaga binini kandi bizwi cyane biboneka cyane cyane mu burengerazuba no mu majyaruguru y’igihugu, kandi hari n’ibirunga byinshi biri mu ruhererekane rw’ibirunga bya Virunga Mountains, cyane cyane mu majyaruguru ashyira uburengerazuba.

Ikirere cy’u Rwanda kiri mu bwoko bw’ikirere gishyushye cyo mu misozi (tropical highland climate), kikaba kirangwa n’ibihe bibiri by’imvura n’ibihe bibiri by’izuba buri mwaka.

Umurwa mukuru kandi ukaba n’umujyi munini w’igihugu ni Kigali, uherereye hagati mu gihugu, ku butumburuke bwa metero 1,567 hejuru y’inyanja.Ubukirisitu ni bwo dini rinini cyane mu gihugu; ururimi nyamukuru kandi rw’igihugu ni Kinyarwanda, ruvugwa n’Abanyarwanda kavukire, mu gihe Icyongereza, Igifaransa n’Igiswahili na byo ari indimi zemewe n’amategeko.

Ubukungu bw’u Rwanda bushingiye ku serivisi, ku bicuruzwa byoherezwa mu mahanga biva mu buhinzi, no ku nganda. Coffee n’Tea ni byo bihingwa cyane bigurishwa mu mahanga (cash crops), nubwo urutoki rurenzeho mu musaruro imbere mu gihugu. Tourism in Rwanda ni urwego ruri gutera imbere vuba kandi ubu ni rwo rwinjiriza igihugu amadovize menshi kurusha izindi.

Sunday, May 3, 2026

Menya bimwe mu byaranze Bwana David Ben gulion

David Ben-Gurion (avugwa nka ben GOOR-ee-ən; mu Giheburayo: דָּוִד בֶּן־גּוּרִיּוֹן; yavutse yitwa David Grün, ku wa 16 Ukwakira 1886 – yapfuye ku wa 1 Ukuboza 1973) yari umwe mu bashinze igihugu ndetse akaba na Minisitiri w’Intebe wa mbere wa Israeli.


Nk’umuyobozi wa Jewish Agency kuva mu 1935, nyuma akaba Perezida w’Inama Nyobozi yayo, yabaye umuyobozi nyakuri (de facto leader) w’Abayahudi bari batuye muri Palesitina (Yishuv), kandi yagize uruhare rukomeye mu kuyobora urugamba rwo gushaka igihugu cyigenga cy’Abayahudi muri Mandatory Palestine.Yavukiye i Płońsk, icyo gihe yari mu gice cyitwaga Congress Poland, avuka ku babyeyi b’Abayahudi b’Abanyapolonye. Mu 1906 yimukiye mu karere ka Palestine kari mu Bwami bwa Ottoman. Mu 1909 yafashe izina rya Ben-Gurion, aza kuba umwe mu bayobozi bakomeye b’Abayahudi bari batuye muri Palesitina iyobowe n’Abongereza (Mandatory Palestine) kuva 1935 kugeza hashinzwe Israeli mu 1948. Yayoboye igihugu kugeza mu 1963, nubwo yagize akaruhuko gato mu 1954–1955.

Inyungu ze muri Zionism zatangiye akiri muto, bimuha kuba umwe mu bayobozi bakomeye b’uyu mutwe ndetse aba n’umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe World Zionist Organization mu 1946.

Ku wa 14 Gicurasi 1948, yatangaje ku mugaragaro ishingwa rya Leta ya Isiraheli, kandi aba uwa mbere wasinye Israeli Declaration of Independence, inyandiko yagize uruhare mu gutegura. Mu buyobozi bwe, habaye 1948 Arab–Israeli War, aho ingabo zitandukanye z’Abayahudi zahujwe zikaba Israel Defense Forces (IDF), Isiraheli igatsinda Arab League, ndetse benshi mu Barabu b’Abanyapalestine bagahunga. 

Nyuma y’intambara, yabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere wa Isiraheli ndetse na Minisitiri w’Ingabo. Mu buyobozi bwe, yubatse inzego za leta, ayobora imishinga igamije guteza imbere igihugu, anafasha kwakira no gutuza abimukira b’Abayahudi (Aliyah). Mu bya dipolomasi, yibanze cyane ku kunoza umubano na West Germany binyuze mu masezerano y’indishyi (Reparations Agreement between Israel and West Germany) ajyanye n’ibyangijwe n’Abanazi mu gihe cya Holocaust.

Mu 1954, yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe n’uw’Ingabo, ariko akomeza kuba umudepite mu Knesset. Yagarutse ku mwanya wa Minisitiri w’Ingabo mu 1955 nyuma y’ikibazo cyitwa Lavon Affair n’iyegura rya Pinhas Lavon. Muri uwo mwaka yongeye kuba Minisitiri w’Intebe nyuma y’amatora yo mu 1955.

Yashyigikiye ibikorwa byo kwihorera ku bitero by’imitwe y’Abarabu ndetse n’igitero Isiraheli yagabye kuri Misiri ifatanyije n’u Bwongereza n’u Bufaransa mu gihe cya Suez Crisis. Mu 1963, yavuye ku butegetsi, asezera burundu muri politiki mu 1970.

Nyuma yimukiye mu nzu ye yoroheje yitwaga Ben-Gurion's Hut i Sde Boker, muri Negev, aho yabaye kugeza apfuye. Nyuma y’urupfu rwe, yashyizwe mu bantu 100 bakomeye kurusha abandi mu kinyejana cya 20. Yanditswe na Nzayisenga Adrien.

Sobanukirwa icyitwaga akazu

 Akazu (mu Kinyarwanda: inzu nto) ryari itsinda  rigizwe n’abanyacyubahiro bamwe b’abahezanguni b’Abahutu, bagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ryari rigizwe n’abavandimwe n’inshuti za hafi z’uwari Perezida w’u Rwanda, Juvénal Habyarimana, n’umugore we wari ufite ijambo rikomeye, Agathe Habyarimana. Iri tsinda nanone ryitwaga “Zero Network”, bitewe n’intego yabo yo kugira u Rwanda rudafite n’umwe mu batutsi.

Amavu n’amavuko

Abagize Akazu ahanini bari abavandimwe ba Habyarimana cyangwa abantu yakuranye na bo mu majyaruguru y’u Rwanda. Bari bafite imyanya ikomeye mu butegetsi bw’Abahutu.

Ntibifuzaga gusangira ubutegetsi n’Abatutsi ( cyangwa n’Abahutu batashyigikiye ingengabitekerezo yabo.

Bagize uruhare mu guteza imbere ingengabitekerezo ya Hutu Power no gukwirakwiza urwango ku Batutsi mu myaka ya za 1990. Hari abashakashatsi bemeza ko iyo ngengabitekerezo n’ubwicanyi bakoze byari uburyo bwo kugumisha ku butegetsi imbaraga bari barabonye kuva Habyarimana yafata ubutegetsi abinyujije muri coup d’état.

Bamwe mu bagize Akazu bazwi

Protais Zigiranyirazo, wahoze ari perefe wa Ruhengeri

Séraphin Rwabukumba, muramu wa Perezida Habyarimana

Koloneli Elie Sagatwa (FAR)

Théoneste Bagosora, Koloneli wa FAR

Koloneli Laurent Serubuga

Félicien Kabuga, umucuruzi wateye inkunga RTLM n’ikinyamakuru Kangura

Agathe Kanziga, umugore wa Habyarimana

Séraphin Bararengana, wari uyoboye ishami ry’ubuvuzi muri Kaminuza y’u Rwanda

Charles Nzabagerageza, umucuruzi wari ufite imigabane muri RTLM

Alphonse Ntirivamunda, umukwe wa Habyarimana

Joseph Nzirorera, wahoze ayobora Inama y’Iterambere n’uwari Minisitiri w’Inganda, Amabuye y’agaciro n’Ubukorikori

Noel Mbonabaryi, se wabo wa Habyarimana

Pauline Nyiramasuhuko, wari Minisitiri w’umuryango n’iterambere ry’umugore kuva mu 1992. Yanditswe na Nzayisenga Adrien 

Friday, May 1, 2026

Menya akamaro k'ubwenge bw'ubukorano

 Gutuma AI (ubwenge bw’ubukorano) ifata ibyemezo mu mwanya w’abantu bishobora kongera ibibazo by’ivangura, ubusumbane mu bukungu, no kugabanya uburyozwe bw’inzego zifata ibyemezo. Gushyiraho amabwiriza yita ku myitwarire (ethical guidelines) ashyira imbere ubutabera, uburyozwe, no kutavangura bizafasha kugabanya izi ngaruka. Uko AI irushaho kwigenga, ni ko bizaba ngombwa gushyiraho uburyo bwo kugenzura no kubaza inshingano ibigo kugira ngo habeho gukorera mu mucyo.

Hatabayeho ingamba zihagije n’imiyoborere myiza, ikoreshwa rya AI rishobora guteza igihombo ku mahame y’ubutabera, gukorera mu mucyo, no kurengera inyungu rusange, bitewe n’uko ishobora gukwirakwiza no kongera ubusumbane n’ivangura bisanzwe biri mu muryango.

Ingaruka ku Bukungu

Mu gihe kizaza, AI izaba moteri ikomeye yongera umusaruro n’iterambere ry’ubukungu, binyuze mu kongera imikorere myiza no kunoza ifatwa ry’ibyemezo hashingiwe ku isesengura ry’amakuru (data). Ishobora gutuma havuka ibicuruzwa bishya, serivisi nshya, amasoko mashya ndetse n’inganda nshya, bigatanga n’andi mafaranga yinjira.

Ubushakashatsi bumwe bugaragaza ko AI ishobora kuzamura GDP y’isi ku kigero cya 14% bitarenze umwaka wa 2030.

Icya mbere, AI izongera cyane umusaruro w’abakozi kubera ikoranabuhanga rifasha kunoza imirimo. Icya kabiri, izatanga “abakozi b’ikoranabuhanga” bashobora kwikora imirimo yo gutekereza no gukemura ibibazo (virtual workforce). Icya gatatu, ubukungu buzungukira mu gukwirakwira kw’udushya (innovation) mu nzego zitandukanye, bigafungura andi mahirwe mashya yinjiza amafaranga.

Muri rusange, AI ifite ubushobozi bwo kongera iterambere ry’ubukungu ku rwego rw’isi mu myaka 10 iri imbere, binyuze mu kongera umusaruro, gufasha abantu mu kazi, no guhanga amahirwe mashya.

Politiki n’Amategeko Mpuzamahanga kuri AI

Nk’uko umuyobozi mukuru wa Google yabivuze, akamaro ka AI gasaba gushyirirwaho amategeko ayigenga, kuko iyo nta bufatanye buriho, ishobora kongera icyuho mu bukungu no muri politiki hagati y’ibihugu.

Aya mategeko azafasha gushyiraho ihuzwa n’ihame rusange (standardization) kugira ngo sisitemu za AI zibashe gukorana neza mu bucuruzi, ubushakashatsi, n’izindi nzego.

Biteganyijwe ko amategeko azibanda cyane ku nzego zifite ibyago byinshi nka:

imari n’imigabane,

ubuvuzi,

umurimo n’akazi,

umutekano w’abana.

Nubwo AI ifite inyungu nyinshi, ishobora no gukoreshwa nabi cyangwa igateza ingaruka zitunguranye, bikaba byahungabanya umutekano n’ituze ku rwego mpuzamahanga. Urugero, iterambere rya AI mu bijyanye n’ubumenyi bw’ibinyabuzima rishobora no gutuma habaho ibikoresho bishobora kwifashishwa mu ntambara.

Ku bw’izo mpamvu, abashyiraho politiki bagomba guhora bagenzura neza ingaruka za AI, bagashaka uko inyungu zayo zagerwaho hadateje ibibazo bikomeye. Ibi bisaba ubufatanye n’ubwitonzi bukomeza mu rwego mpuzamahanga.

RWANDA NZIZA NGOBYI IDUHETSE

`Ese Waba Uzi Imirenge Igize Akarere Utuyemo cg Uvukamo`

*Ngororero* Umurenge wa Bwira Umurenge wa Gatumba Umurenge wa Hindiro Umurenge wa Kabaya Umurenge wa Kageyo Umurenge wa Kavumu Umurenge wa M...