Wednesday, July 1, 2026

Menya bimwe muri politiki ya senegal muri iki gihe

 Muri iki gihe, politiki ya Sénégal iri mu bihe by'impinduka zikomeye.

Bassirou Diomaye Faye ni Perezida wa Sénégal.

Umubano hagati ya Perezida Faye na Ousmane Sonko, wahoze ari Minisitiri w'Intebe kandi bakoranaga mu ishyaka PASTEF, warangiritse cyane mu mezi ashize. 

Perezida Faye yashyizeho guverinoma nshya nyuma yo gukuraho Sonko ku mwanya wa Minisitiri w'Intebe, bituma havuka amakimbirane ya politiki n'impungenge ku hazaza bw'ubutegetsi.Nanone, Inteko Ishinga Amategeko yemeje umushinga wo kuvugurura Itegeko Nshinga ugamije kugabanya ububasha bwa Perezida no kongera ububasha bw'Inteko. Uwo mushinga watumye haba imyigaragambyo n'impaka zikomeye mu gihugu

Nubwo hari aya makimbirane, Sénégal iracyafatwa nk'imwe mu bihugu byo muri Afurika bifite amateka y'inzibacyuho z'amahoro n'inzego za demokarasi zikora neza ugereranyije n'ibihugu byinshi byo mu karere. Yanditswe na Nzayisenga Adrien 

No comments:

Post a Comment

Comment here

RWANDA NZIZA NGOBYI IDUHETSE

Mana yo mwijuru