Friday, January 17, 2025

Ndi Umunyarwanda, Igitekerezo Ngenga Cyo Kubaho Kwacu


Amateka y’u Rwanda rwo hambere atugaragariza ko ubunyarwanda bwabaye ishingiro ry’ubutwari bwo kubaka igihugu no kukirinda. Isano Abanyarwanda bemeraga ko basangiye yabasangizaga urukundo n’ishema bari bafitiye u Rwanda. Ibi byaheshaga Abanyarwanda igitinyiro imbere y’amahanga kugeza ku mwaduko w’abakoloni. Abakoloni badutse, bashenye indangagaciro ubunyarwanda bwari bwubakiyeho, inzego z’imibereho zihindurwa amoko n’inyigisho z’inkomoko mpimbano y’Abanyarwanda ziramamazwa. Ibi byashenye ubumwe n’ubufatanye bw’Abanyarwanda, umuryango nyarwanda bawucamo ibice kugira ngo bayobore u Rwanda uko babyumva bitabagoye.
Imbuto y’amacakubiri yakomeje gukura mu gihe cy’ubukoloni na nyuma yabwo kugeza ubwo yeze ubwicanyi n’ubuhunzi mu bihe bitandukanye (1959, 1963, 1973…), irondabwoko, irondakarere, ingengabitekerezo ya jenoside n’ihezwa ku byiza by’Igihugu byagejeje u Rwanda kuri Jenoside  yakorewe abatutsi. Indangagaciro z’ubunyarwanda zarasenyutse n’ikizira kirazirurwa, ubumuntu n’ubunyarwanda byimuka mu mitima ya bamwe mu Banyarwanda. Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, hakurikiyeho urugamba rwo gusana ubumwe bw’Abanyarwanda, na n’ubu rugikomeje. Uretse Leta n’inzego zayo babifite mu nshingano, Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye ku bwabo bagiye bagaragaza ubudashyikirwa mu kugira uruhare muri uru rugamba. Ibi byakozwe muri gahunda zitandukanye z‘Igihugu, iri ku isonga akaba ari gahunda ya Ndi Umunyarwanda. 

Ubumwe Bwacu Ni inshingiro ryo Kubaho Kwacu

Mu mwaka wa 2015, nyuma y’imyaka ibiri hatangijwe gahunda ya Ndi Umunyarwanda, Unity Club Intwararumuri mu bufatanye na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge bateguye igikorwa kigamije kumenya no kumenyekanisha abakoze cyangwa se bagikora ibikorwa by’indashyikirwa mu bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda hagamijwe gukomeza kwimakaza ubunyarwanda, gufasha Abanyarwanda kumva isano bafitanye n’igihugu, ndetse no gushyira inyungu z’igihugu imbere, ariko cyane cyane bakabigira ubuzima bwa buri munsi. Muri iyi gahunda izo ndashyikirwa zahawe izina ry’ABARINZI B’IGIHANGO. Ubumwe bw’Abanyarwanda, isano dusangiye twese ikaba n’igihango ubundi cyaziraga gutatirwa, bwarasenywe bityo n’icyo gihango kiratatirwa; abagize uruhare mu kubungabunga no kugarura iki gihango ni Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga bakomeye ku gihango, biyemeza ndetse no kukirinda. Iyi ni yo nkomoko y’iryo zina ABARINZI B’IGIHANGO. Iki gihango tuvuga ni Ndi Umunyarwanda.  

Ndi Umunyarwanda ni gahunda yakiriwe neza, ndetse imaze gushinga imizi nk’icyomoro cy’amateka yakomerekeje Abanyarwanda n’igihango dusangiye mu kuyarinda kongera gutokorwa. Bityo gushyira imbere ubunyarwanda n’inyungu z’Abanyarwanda bose mbere yo kwibonamo amoko, amasano, akarere, inkomoko n’ibindi, bikaba bikomeje kutubera intego twese twiyemeje kugeraho. Gahunda ya Ndi Umunyarwanda yabanjirijwe n’ibikorwa byo gutanga ishimwe ku mashyirahamwe y’abaturage yagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa by’ubumwe n’ubwiyunge, bahuza Abanyarwanda bari mu byiciro bitandukanye bagizweho ingaruka n’amateka y’igihugu cyacu.

Yanditswe na NZAYISENGA Adrien


Urashaka Kwamamaza Duhamagare Kuri: +250784296338

Cg Utwandikire Kuri nayisengadrianos@gmail.com

No comments:

Post a Comment

Comment here

RWANDA NZIZA NGOBYI IDUHETSE

Volcano

  A volcano is commonly defined as a vent or fissure in the crust of a planetary-mass object , such as Earth , that allows hot lava , volc...